Amakipe arenga icumi niyo azitabira irushanwa ryo kwibuka abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.
Ni ku nshuro yaryo ya gatandatu rizaba riba, rikabera kuri Alpha Palace Hotel ku itariki ya 28 Gicurasi uyu mwaka.
Iri rushanwa ryo koga (swimming) riri muri gahunda yashyizweho na Minisiteri y’umuco na siporo ko amashyirahamwe yose y’imikino ashyiraho amarushanwa yo kwibuka abagore n’abagabo bari bafite aho bahuriye na siporo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.
Kinimba Ufitimana Samuel uyobora ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda avuga ko irushanwa ry’uyu mwaka rizitabirwa n’amakipe menshi ugereranyije n’andi marushanwa yaribanjirije.
Ufitimana yagize ati: “Uyu mwaka hagiyeho amakipe menshi mu bice bitandukanye by’igihugu. Mu kwezi kwa kane twazengurutse igihugu dushishikariza uturere gushyiraho amakipe.”
Ufitimana avuga ko amwe mu makipe yari yaravuyeho yongeye agasubizwaho mu rwego rwo guteza imbere uyu mukino wo koga. Aya makipe harimo Rwamagana na Kaminuza y’u Rwanda-Butare swimming club.
Muri iri rushanwa hitezwemo guhangana hagati y’amakipe abiri ariyo Zenith S C ikomoka muri Karongi na Cercle Sportif de Kigali ifite igikombe giheruka.
Andi makipe azitabira iri rushanwa ryo kwibuka ku nshuro ya 22 jenoside yakorewe abatutsi ni: Cool Water Swimming Club “Indengamivumba”Sports view, Sanitas, Alpha Palace, Les Dauphins,Town S.C, CercleSportif de Kigali, Muhazi S C, Zenith, Beach Boys S C from Rubavu, GSOB Indatwa na Riviera S.C.
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire