mardi 3 mai 2016

Amakipe arenga 10 mu mukino wo koga azitabira irushanwa ryo kwibuka


Amakipe arenga 10 mu mukino wo koga azitabira irushanwa ryo kwibuka


Amakipe arenga icumi niyo azitabira irushanwa ryo kwibuka abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.
Ni ku nshuro yaryo ya gatandatu rizaba riba, rikabera kuri Alpha Palace Hotel ku itariki ya 28 Gicurasi uyu mwaka.
Iri rushanwa ryo koga (swimming) riri muri gahunda yashyizweho na Minisiteri y’umuco na siporo ko amashyirahamwe yose y’imikino ashyiraho amarushanwa yo kwibuka abagore n’abagabo bari bafite aho bahuriye na siporo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.
Kinimba Ufitimana Samuel uyobora ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda avuga ko irushanwa ry’uyu mwaka rizitabirwa n’amakipe menshi ugereranyije n’andi marushanwa yaribanjirije.
Ufitimana yagize ati: “Uyu mwaka hagiyeho amakipe menshi mu bice bitandukanye by’igihugu. Mu kwezi kwa kane twazengurutse igihugu dushishikariza uturere gushyiraho amakipe.”
Ufitimana avuga ko amwe mu makipe yari yaravuyeho yongeye agasubizwaho mu rwego rwo guteza imbere uyu mukino wo koga. Aya makipe harimo Rwamagana na Kaminuza y’u Rwanda-Butare swimming club.
Muri iri rushanwa hitezwemo guhangana hagati y’amakipe abiri ariyo Zenith S C ikomoka muri Karongi na Cercle Sportif de Kigali ifite igikombe giheruka.
Andi makipe azitabira iri rushanwa ryo kwibuka ku nshuro ya 22 jenoside yakorewe abatutsi ni: Cool Water Swimming Club “Indengamivumba”Sports view, Sanitas, Alpha Palace, Les Dauphins,Town S.C, CercleSportif de Kigali, Muhazi S C, Zenith, Beach Boys S C from Rubavu, GSOB Indatwa na Riviera S.C.

mercredi 30 mars 2016

Turishima ngo twitwa ba Francis turimo turaterekera imizimu y’Abazungu – Min Kaboneka


Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Francis Kaboneka, aganira n'Intore z'Imbonezamihigo, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe 2016 (Ifoto/Urinzwenimana Mike)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ashimangira ko niba Abanyarwanda bashaka kugera ku iterambere rirambye, bagomba kumenya uburyo Abakoloni bishe umuryango nyarwanda babicishije no mu madini.
Minisitiri Francis Kaboneka yabanje gusobanura uburyo Abakoloni ngo baciye urutirigongo rw’u Buhinde (indangagaciro z’Abahinde) kugira ngo babashe kubakoloniza, bidatinze n’urutirigongo rw’u Rwanda baraza bararuzahaza.
Minisitiri Francis Kaboneka ahamya ko amadini ari inzira abakoloni bakoresheje mu gucamo ibice abo bakolonizaga barimo n’Abanyarwanda “ku buryo n’ubu ingaruka zikidukurikirana.”
Yagize ati “Ibi turimo by’Itorero ni kamere ariko bari barabitesheje agaciro ngo ni ibishitani. Ni yo mpamvu ubyara umwana ukamwita Uwimana, wamujyana kwa Padiri akamwita Francis ngo Uwimana ni iripagani kandi usenga Imana! Ntituri ibicucu?”
Yunzemo ati “Ugasenga Imana ariko izina Uwimana rikitwa iripagani kuko ari Irinyarwanda, ari Irinyafurika! Ukitwa Francis ukumva uri igitangaza. Turishima ngo twitwa ba Francis kandi turimo turaterekera imizimu y’abazungu, iyacu twayitesheje agaciro. Uzatera imbere gute se dufite iyo mitekerereze?”
Aya ni amwe mu magambo Minisitiri Kaboneka yabwiye Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bateraniye mu Itorero i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, ku mugoroba wo kuri uyu wa 30 Werurwe 2016.
Minisitiri Kaboneka avuga ko adapinga Imana, ariko ko niba Abanyarwanda bashaka gutera imbere bakwiye kumenya ko hari imyemerere ya kizungu bimakaje bitari ngombwa, bagata indangagaciro zabo zakagombye kuba ari zo zitezwa imbere nk’ubupfura, ubutwari n’izindi.
Yakomeje agira ati “Tukajya kuririmba ngo kiliziya yakuye kirazira. Bakakubwira ngo wariye umugati wa Yesu urimo urya capati wikoreye! Ntabwo mpinga Imana, Haleluya! Ariko niba tuvuga ngo dushaka gusubira ku bunyarwanda hari ibyo tugomba kwemera.”
Yagarutse ku buryo Abanyaburayi bigabanyije Afurika mu mpera z’ikinyejana cya 19, bakaza bakayitegekana ubugome mu nyungu zabo, na nyuma y’irangira ry’ubukoloni hakajyaho Leta z’Abirabura na zo zaje zigatera ikirenge mu cy’Abazungu mu gucamo ibice Abanyafurika.
Minisiiri Kaboneka yatanze ingero ku buryo ibyari ibyiciro by’ubukire by’Abanyarwanda byateshejwe agaciro bikavunjwamo amoko ya Hutu, Tutsi na Twa, bikarangira bivuyemo amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abasaga miliyoni.
Meya w'Umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza, umwe mu bari bitabiriye ikiganiro cya Minisitiri Kaboneka
Meya w’Umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza, umwe mu bari bitabiriye ikiganiro cya Minisitiri Kaboneka
Ese koko Abahutu n’Abatutsi bakomotse za Tchad na Ethiopia?
Mu kumvisha aba bajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali ko Abanyarwanda bari abavandimwe kandi ko bataturutse za Tchad na Ethiopia, yabanje guhagurutsa abo mu bwoko bw’Abasinga, ati “Babahe mikoro buri wese ambwire ubwoko bwe muri ibyo by’Abahutu, Abatwa n’Abatutsi, kandi muvugishe ukuri.”
Hahise hahaguruka Abasinga nka makumyabiri, bamwe bakavuga ko iwabo bababwiye ko ari Abahutu abandi bavuga ko babwiwe ko ari Abatutsi. Ati “None ubwo Abahutu baturutse Tchad n’Abatutsi bavuye Ethiopia ubwo muhuriye ku Businga gute?”
Nyuma y’Abasinga Minisitiri Kaboneka yahise ahagurutsa n’Abazigaba, na bo ababaza ikibazo nk’icyo yabajije Abasinga, na bo bamwe bakavuga bati “Bambwiye ko data ari Umuhutu mama akaba Umututsikazi, ubwo ndi Umuhutu, ” undi ati “Bambwiye ko data ari Umututsi mama akaba Umuhutu, ubwo ndi Umututsikazi” gutyo gutyo…
Mu gusa n’utanga umwanzuro, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yagize ati “Abazigaba bakomoka kuri Kazigaba. Ubwo Kazigaba yabaye Umuhutu aba n’Umututsi ate? Ng’uko uko twapfuye, ng’uko uko twatakaje imbaraga.”
Yahise abihuza n’urugamba Ingabo za RPA zarwanye zibohora igihugu, avuga ko nta kindi cyatumye zibasha gushwiragiza iza Leta yariho zitwaga FAR usibye intumbero yo kubaka ubunyarwanda, ati “Izuru ryawe n’uburebure bwawe ntacyo bimaze, igifite agaciro ni icyo umariye igihugu cyawe.”
Minisitiri Kaboneka asanga “Habyarimana yari afite intwaro ikomeye” yashoboraga kumufasha gutsinda urugamba kuko yari afite abasirikari benshi ndetse n’amikoro, ariko ko ibyo byose nta musaruro byatanze “kubera kutagira umutima w’igihugu.”
Yakomeje abisobanura muri aya magambo: “Habyarimana yafashe ba Banyarwanda abacamo ibice, afata Abanyarwanda abita ibyitso bakajya babagaburira igikoma mu nkweto, bamwe muri kumwe hano, abo bari bagezweho, abandi barabica, mwa bantu mwe aho muzayobora mujye mwirinda amacakubiri. Batangira guhimbira inkotanyi ngo zije kumara Abahutu….”
Minisitiri Kaboneka yabwiye aba bajyanama ko nibadakorera hamwe ngo bashyire ubunyarwanda imbere y’ibindi byose nta terambere igihugu kizapfa kigezeho, ati “Umwanzi wanyu ni uzababwira ngo mwicemo ibice. Ubu se ko mwicaye aha ngaha mwaba muri Abahutu, mwaba muri Abatutsi, mwaba muri abatwa, ibyo byose ni gasiya. Muribonamo ubunyarwanda.”
Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bateraniye i Gabiro mu Itorero ry’Ibyumweru bibiri risatira umusozo kuko ryatangiye kuwa 16 Werurwe 2016, rikaba ryitabiriwe n’abajyanama 834 barimo abagabo 494 n’abagore 340.
Abaguverineri b'Intara y'Amajyepfo, Iburasirazuba n'iy'Iburengerazuba, mu cyumba cy'inama i Gabiro, bakurikiranye ikiganiro cya Minisitiri Kaboneka (Ifoto/Urinzwenimana Mike)
Abaguverineri b’Intara y’Amajyepfo, Iburasirazuba n’iy’Iburengerazuba, mu cyumba cy’inama i Gabiro, bakurikiranye ikiganiro cya Minisitiri Kaboneka (Ifoto/Urinzwenimana Mike)
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, na we ari mu bakurikiranye ikiganiro cya Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu (Ifoto/Urinzwenimana Mike)
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, na we ari mu bakurikiranye ikiganiro cya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu (Ifoto/Urinzwenimana Mike)

Leta ya Georgia yagize Mata ukwezi kumenyekanisha Jenoside



Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yamaze kwemeza ko ukwezi kwa Mata kuba ukwezi ko kurwanya Jenoside no kuyimenyekanisha.
Iyi Leta iravuga ko ukwezi kwa Mata, kugomba gufatwa nk’ukwezi ko kwibuka Jenoside zabaye hirya no hino ku isi, harimo na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Impamvu uku kwezi kwatoranyijwe, ni uko nka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabaye muri Mata 1994. Iyi yahitanye Abatutsi barenga miliyoni, Jenoside yakorewe Ab’abanyarumeniya yabaye muri Mata kuva 1915-1917, Jenoside yakorewe Abanya-Cambodian nayo yabaye muri Mata 1975.
Ikinyamakuru Armenpress kiravuga ko ubuyobozi bw’iyi leta iyoborwa na senateri David Perdue, buvuga ko “Ni ngombwa ko habaho kwigisha abantu Jenoside zabaye, n’uburyo bwo kuzirwanya, ibi nibyo bizatuma habaho no kurwanya indi Jenoside ishobora kubaho.”
Leta ya Georgia n’imwe muri Leta zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ituwe n’abaturaga barenga miliyoni 10.

Hari bamwe.. bifuza kwandika ku mateka ya Jenoside bagatangirwa n’amikoro make



Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNLG Jean Damascene Bizimana mu kiganiro n’abanyamakuru (Ifoto/ Faustin Niyigena)
Nubwo muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi harimo gushishikariza Abanyarwanda n’Abanyamahanga kuvuga no kwandika ku mateka ya jenoside yakorewe Abatutsi, ababyitabira ni bakeya kubera ahanini kubura amikoro.
Iyo urebye ubushakashatsi ndetse n’ibitabo byandikwa kuri jenoside usanga ari bike, hagenderwa gusa ku buhamya bukunze gutangwa mu gihe cyo kwibuka.
Izuba Rirashe ryaganiriye na bamwe mu babonye Jenoside bifuza kugira icyo bakwandika, bavuga ko imbogamizi bafite ari amikoro no kutabona ubufasha n’ababayobora (editors).
Uwimana Emmanuel, ni umusore w’imyaka 35, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Avuga ko kuva kera yifuza kuba yakwandika amateka yabayemo ya Jenoside n’ingaruka zayo, ariko ntarabigeraho kubera kubura amikoro.
“Wenda nshobora kubona machine nandikisha, ariko se ninkenera unkosora nzamukura hehe? Ninkenera se gusohora igitabo byo nzabikura hehe?”
Uwimana umaze kwandika byinshi ku mateka ya Jenoside iwabo, avuga ko akibibitse muri mudasobwa ye. Ngo nta nama abona, nta nkunga, byose bikaba bimuca intege.
“Hari igihe mara igihe ntarongeraho na paji imwe, nibwira nti n’ubundi n’iyo narangiza kubyandika sinahita mbisohora.”
Gusa avuga ko kwandika amateka ya jenoside ahereye ku buhamya bwe n’ibyabereye mu gace k’iwabo ngo yumva ari ingenzi, kugira ngo ukuri kurusheho kumenyekana yaba mu Banyamahanga bapfobya batabizi, ndetse n’urubyiruko.
Uwacu Julienne, Minisitiri w’Umuco na Siporo avuga ko koko ikibazo cy’ubucye bw’abakora ubushakashatsi n’abandika kuri Jenoside buhari, ngo ariko hari ingamba zidasanzwe zafashwe kugira ngo ayo mateka atazibagirana cyangwa se ngo ahindurwe n’abapfobya jenoside.
“Turamutse tutanditse cyangwa se ntihakorwe ubushakashatsi, hari ibimenyetso bimwe tudashobora kubona, hari n’aho tudashobora kugera.”
Ngo hari ibyakozwe ariko bidashimishije. Ubushakashatsi bwagiye bukorwa n’abantu ku giti cyabo, hari ubwagiye bukorwa n’inzego za Leta ndetse n’ubwakozwe n’abanyamahanga.
Ngo by’umwihariko muri uyu mwaka, hari ibyakozwe ngo amateka ya jenoside abungabungwe.
Amadini, ibigo bya Leta, iby’abikorera, amashuri, basabwe gukora ubushakashatsi k’uko jenoside yakozwe iwabo.
“Twabafashije kubaha imirongo y’ibyabafasha gukora ubwo bushakashatsi, Ibyo nibikorwa bizafasha kubona amakuru kuri jenoside hirya no hino mu gihugu.”
Ngo ubuhamya butangwa hirya no hino mu gihe cyo kwibukwa bufatwa amajwi n’amashusho, buzaherwaho kugira ngo nibura ibirimo tubibike.
Hari kandi n’amakuru yamenyekanye mu gihe cy’inkiko gacaca. Hari ibiri mu majwi, mu nyandiko, hari gahunda yo kubibika mu buryo bw’ikoranabuhanga, ku buryo byanifashishwa n’abashakashatsi.
Ngo hari n’ishami ry’ubushakashatsi rishamikiye kuri CNLG, rikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi.
Ngo kugeza ubu hari ubumaze gukorwa ku bice bitandukanye by’igihugu, ubuheruka ni ubwakorewe mu cyahoze ari intara ya..Gisenyi.
Abantu ku giti cyabo bifuza gukora ubushakashatsi, CNLG ngo ifite inshingano zo kubafasha.
Ngo inkunga itangwa hari ubwo iba atari amafaranga gusa, nko kureba uburyo igitabo cyangwa se ubushakashatsi bwanditse, gusoma, kujya inama, ni bimwe mu bikorwa na CNLG mu nshingano zayo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG Dr Uwimana Jean Damascene, avuga ko nta ngengo y’imari yihariye iri muri CNLG yo gufasha abantu ku giti cyabo.
Ngo Ikigo cy’Ubushakashatsi cya CNLG ni cyo kigenerwa amafaranga yo gukora ubushakashatsi kuri jenoside.
“Abandi bashakashatsi bashaka kwandika tubagira inama, tukabereka umurongo ngenderwaho kugira ngo ubwo bushakashatsi bwuzure, tukanakusanya amakuru n’ibimenyetso dufite, natwe tukabibaha.”
Uwacu asaba Abanyarwanda ko guharanira kubika amateka ya jenoside babigira umukoro, nk’umusanzu wo kubaka u Rwanda.

Impamvu Miss Elizabeth abona umunsi w'abagore nk'uwingenzi kuri we



Ibyishaka Elizabeth ni umukinnyikazi wa sinema nyarwanda akaba yarabaye nyampinga wa Kaminuza y'ubukerarugendo n'amahoteri (RTUC) mu mwaka wa 2012, kuri uyu wa 8 Werurwe 2016, hizihizwaga umunsi mpuzamahanga ngaruka
mwaka  ku isi yose, twamwegereye atubwira uko we awufata.
Mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru wa NONAHA.com, Elizabeth, yagize ati "Ni iby'icyubahiro cyane kuba hari ho umunsi w'umwihariko watekerejwe ku bari n'abategarugori, hari impamvu zifatika nsanga uyu munsi iri ingenzi kuri twe abari n'abategarugori, icya mbere nsanga aka ari akanya keza gatuma abagore nabo bumva ko batekerezwaho  mu buzima bwa buri munsi kuko mbere bumvaga ko uruhare hafi ya rwose mu buzima bw'isi ari urw'abagabo gusa, ariko ubu biyumvisemo ko nabo ari ingenzi. Icya kabiri ni uko ufasha abagore gusabana no gusangira ibitekerezo, yemwe bakanishungura aho bagize intege nke bagafata ingamba."
Ibyishaka uyu munsi ngo unamwibutsa nyina umubyara. Aha yagize ati "Kuri iyi nshuro ndikebuka nkareba urwego ngezeho n'umusanzu wanjye mu iterambere ryanjye n'igihugu ngasanga kubaho kwanjye atari impfabusa, gusa binansubiza mu ntekerezo, nkibaza iyo mama aba akiriho aho aba ageze, bintera ishyaka ryo gukora cyane kuko
n'ubwo adahari ntagomba kumuhesha isura mbi."
Ibyishaka Elizabeth yemeza ko agomba gusigasira isura nziza akwiye guhesha ababyeyi
Ibyishaka Elizabeth, yanzuye agira ubutumwa aha bagenzi be. Ubwo twasozaga, Ibyishaka yavuze ko umunsi nk'uyu atagenda atagize ubutumwa agenera bagenzi be, yavuze ko umwari cyangwa umutegarugori wese, ku munsi nk'uyu atagakwiye gusamara ngo asandagize ibyo agezeho, ahubwo akwiye kwibuka agaciro ke bityo ntiyitinye agatanga umusanzu we mu kubaka igihugu akiganisha ku iterambere rirambye, baba ababyeyi beza barera abana bazaba indorerwamo z'ejo hazaza nziza batanga urugero rwiza bakesha uburere bahawe.

Kunywesha umugabekazi, inzira y’urupfu rw’agahato



Umunyarwanda yaravuze, ati “Akiziritse ku muhoro gasiga kawuciye!” Iyo umwami w’u Rwanda yamaraga gutanga, umugabekazi (nyina) yahitaga yicwa.
Amateka y’u Rwanda ahishe byinshi, ariko byagera ku mabanga y’ibwami bikaba akarusho. Icyitwa ibanga, cyangwa imihango byari bizwi n’Abiru,akaba ari bo banyamabanga bakuru ibwami. Ni bo bategekaga igikwiriye gukorwa, bashingiye ku bucurabwenge babaga bibitseho.
Bityo rero, impfu z’abakomeye zagirwaga ibanga kuko Abiru bagombaga gutangariza rubanda icyo babona kitaca igihugu umugongo cyangwa ngo gice inka amabere. Kunywesha umugabekazi, ntibyagombaga gutangazwa.
Ubutegetsi bw’ibwami bwari bushingiye ahanini ku nyabutatu nyarwanda ari yo: Ingoma Kalinga, Umwami n’umugabekazi. Ibyo byari iteka ndakuka. Umugabekazi yagombaga kwibona mu butegetsi bwo hejuru, kandi akaba umujyanama ukomeye w’umwami. Ni nayo mpamvu,gutanga k’umwami kwasobanuraga ko na nyina agomba kwicwa,kugira ngo atareba ingoma nshya, aka wa mugani ngo “ibikundanye birajyana.”
Kunywesha (kwica) umugabekazi byakorwaga bite?
Iyo umwami yatangaga,yaba azize kuberanya (kurwara) ,gusinzira cyangwa atabarukiye ku rugamba, Abiru bagombaga kugaragaza uko imihango yo kunywesha umugabekazi igenda,kugira ngo hatagira amahano agwirira igihugu.
Nyina w’umwami yahabwaga uburozi simusiga ,agaca vuba na bwangu,cyangwa akaryamishwa ku buriri agaramye, bakamushyira umubirikira mu kanwa, bakamurohamo amata ubutaruhuka ku buryo atabasha guhumeka, agahuba umwuka kugeza apfuye.
Iryo ryari ibanga rikomeye ibwami,kandi mu bihe nk’ibyo, nta wamugiraga ku kigandaro. Imihango yo kumushyingura yateganywaga n’Abiru,kandi igakorwa mu ibanga,hakurikijwe amabanga y’ubucurabwenge.
Mu mateka, umugabekazi utaranyoye ni Nyiramibambwe Kanjogera wari warahawe umwami w’umutsindirano Mibambwe IV Rutarindwa waje kwicwa azize amatiku yo ku Rucunshu. Ntiyagombaga kunyweshwa rero, kuko urupfu rwa Rutarindwa rwari rugamije kwimika umuhungu bwite wa Kanjogera, ari we Musinga wahawe izina rya Yuhi wa V. Musinga amaze kwima, Kanjogera nawe areka izina rya Nyiramibambwe,ahabwa irya Nyirayuhi.
Aho Musinga aciriwe i kamembe(ubu ni muri Rusizi) ,nyuma akaza kujyanywa i Moba muri Congo azira kwigomeka ku mategeko ya gikoloni harimo no kwanga kubatizwa n’abapadiri bera ndetse akaza no kugwayo,nta wongeye kumenya amateka ya Nyirayuhi Kanjogera,kuko yajyanye n’umuhungu we muri iyo nzira y’umusaraba banyuzemo berekezwa iyo zitanywera. Yaba yaranywereye muri Congo cyangwa yarazize urw’ikirago,ntawe ubizi.
Kunywesha abagabekazi byari itegeko igihe cyose umwami (umuhungu we ) atanze nyina akiriho.
Ibikundanye birajyana, Kanjogera n'umuhungu we Musinga
Umugabekazi Kanjogera yabonye ingoma ebyiri atanyoye

Byinshi kuri radio yashinzwe bwa mbere mu Rwanda





Guhera mu myaka ya 1960 kugeza mu myaka ya 2000, Abanyarwanda bumvaga radio imwe rukumbi ivuga mu rurimi gakondo rw’ ‘Ikinyarwanda’.
Muri icyo gihe, abaturage bari bafite radio zo kumviraho amakuru, ndetse n’ibiganiro bari mbarwa nk’uko IGIHE yabitangarijwe na bamwe muri bo.
- Ishingwa rya Radio Rwanda ntirivugwaho rumwe
- Perezida w’u Rwanda n’u Burundi bigeze kuyitukaniraho
- Abaturage bajyaga kuvumba Radio
- Radio zigenga zakebuye Radio Rwanda
Inzobere mu itangazamakuru ryo mu Rwanda zigaragaza ko radio ifite akamaro kanini mu muryango nyarwanda, kuko iha benshi amakuru agezweho, ndetse ikanabigisha binyuze mu biganiro n’izindi gahunda.
Umuyobozi wa Radio Rwanda, wanabaye umwarimu mu ishuri ry’itangazamakuru n’itumanaho mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, Aldo Havugimana agira ati “Nibura ingo 98 % zifite radio. Ni ukuvuga ngo ni yo abaturage bazinduka, cyangwa se baryama bakererewe babasha kumva, ni yo soko y’amakuru ihoraho ku Banyarwanda hafi ya bose. Ni ukuvuga ko radio irenze kuba igitangazamakuru! Radio ni ubuzima bw’Abanyarwanda, bazinduka bayumva bakarara bayumva….”
Radio Rwanda ni yo yashinzwe bwa mbere mu gihugu, ndetse n’iyo yumvikana mu bice byose, dore ko igera ahantu henshi mu Rwanda, ndetse n’abaturage bo mu bihugu bituranye n’u Rwanda cyane cyane abatuye ku mbibi barayumva, nk’uko byemezwa na Aldo Havugimana.
Ibiganiro bya Radio Rwanda bikorwa mu Kinyarwanda, Icyongereza, Igifaransa, ndetse n’Igiswahili.
Amateka ya Radio Rwanda ntabwo avugwaho rumwe ku mwaka yashinzweho, hari aho usanga bavuga ko yashinzwe mu 1961, abandi bakavuga mu 1963.
Paul Mbaraga, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishuri ry’itangazamakuru n’itumanaho, wanakoze kuri Radio Rwanda guhera mu 1976 kugeza mu 1990, yabwiye IGIHE ko ubwo yashingwaga yari akiri umwana muto, ariko ngo nyuma y’aho atangiye kuyikoreraho, ngo yatangiye gushakisha amateka yayo maze bamubwira ko yashinzwe mu 1961 mbere gato y’uko ibihugu by’u Rwanda n’u Burundi bibona ubwigenge.
Yagize ati “Ubuhamya bwanjye ni uguhera muri 1976 ubwo natangiraga kuhakora, ariko ku bw’amateka numvaga ko yatangiye mu 1961 hasigaye igihe gito ngo u Rwanda rubone ubwigenge. Mbere y’icyo gihe Radio yakoreraga i Bujumbura ikorera u Rwanda n’u Burundi (Rwanda-Urundi).Harimo abakozi b’Abarundi ndetse n’Abanyarwanda. Habura igihe gito kugira ngo duhabwe ubwigenge, habaye ikibazo cyo kugira ngo u Burundi buzagire Radio yabwo n’u Rwanda rugire iyarwo.”
Mbaraga yakomeje agira ati “ubwo byabaye ngombwa ko abakozi bayo bari Abanyarwanda bambukana ibyuma batangira gukorera i Kigali, icyo gihe bashyirirwaho ibikoresho byoroshye kugira ngo Radio ishobore gutangira gukora.”
Yanongeyeho ko mu ntangiriro zayo, yari ishinzwe kunyuzaho amatangazo ya Leta ku butegetsi bwa Perezida Gregoire Kayibanda, igafashwa cyane n’u Bubiligi. Nyuma yaho yaje gufashwa na Leta y’u Budage.
Ati “Aho njye ninjiriye muri Radio Rwanda, nasanze ifashwa cyane n’u Budage, bitewe n’uko ahanini bwari bufite umusozi wa Kinyinya bwashinzeho ibyuma bifasha radio yabwo ya Deutsche Welle gusakaza amajwi hano muri Afurika, muri Asia, ndetse no muri Amerika y’Epfo.”
Mu 1972: Abayobozi b’u Rwanda bateranye amagambo n’abo mu Burundi babinyujije kuri radio
Mbaraga yabwiye IGIHE ko bimwe mu bintu bidasanzwe yibuka byabaye kuri Radio Rwanda, ari mu 1972 ku butegetsi bwa Perezida Micombero wo mu Burundi,ubwo muri iki gihugu habaga ubwicanyi,bavuga ko Abahutu bari kwicwa bitewe n’uko bari bashatse gukora Coup d’etat ndetse banashotoye Abatutsi.
Bivugwa ko muri icyo gihe ingabo z’u Burundi zatuye umujinya Abahutu zirabahohotera. Perezida Kayibanda yatangiye kuvugira kuri radio Rwanda atuka abategetsi bo mu Burundi mu rwego rwo kurengera Abahutu byavugwaga ko bicwaga mu Burundi.
Ati “Icyo gihe nari ntaratangira gukora kuri Radio Rwanda, ariko najyaga numva binyuraho. Abanyapolitiki bakoresheje Radio Rwanda na Radio Burundi mu guterana amagambo kubera umwuka mubi wari hagati y’ibihugu byombi. Imbwirwaruhame za Kayibanda kuri Radio Rwanda zagaragazaga ko ashaka gutabara Abahutu bo mu Burundi.[…]”
Nyuma y’aho Juvenal Habyarimana akoreye coup d’etat agahirika Kayibanda mu 1974, Radio Rwanda yahujwe n’ibindi binyamakuru bibiri bya leta byandikaga, hanyuma bakora ORINFOR.
ORINFOR yari ikubiyemo Radio Rwanda, ibinyamakuru byandika ari byo Imvaho na La Nouvelle Relève, ndetse na Televiziyo y’u Rwanda yatangiye nyuma muri 1993.
Radio Rwanda ya mbere ya 1994
Mbaraga avuga ko mu gihe yakoraga kuri Radio Rwanda, ibijyanye n’ikoranabuhanga, no gusakaza amajwi kure byari bikiri hasi.
Ati “Ubu ibintu byose umunyamakuru abikorera kuri mudasobwa ye abibona, hari porogaramu zifasha umunyamakuru gutegura ibiganiro n’ibindi. Mu gihe cyacu, iyo washakaga gutegura akaganiro k’iminota ibiri byagutwaraga nk’umunsi wose! Waba ushaka gutegura icy’amasaha abiri, byagutwaraga nk’icyumweru cyose.[…]”
Umuyobozi wa Radio Rwanda, Aldo Havugimana avuga ko muri iki gihe Radio Rwanda yumvikana mu gihugu hose, mu duce two mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda, ndetse n’abo mu mahanga bakoresheje ikoranabuhanga rya internet.
Aldo Havugimana, Umuyobozi wa Radio Rwanda
Radio Rwanda ifite amashami mu ntara zose z’u Rwanda arimo Radio y’Abaturage ya Huye, iya Rubavu, iya Nyagatare, iya Rusizi, n’iya Musanze.
Abaturage bajyaga kuvumba Radio Rwanda
Mu myaka yo hambere, bamwe mu baturage bajyaga kuvumba Radio ku bazitunze, dore ko bari bake. Bajyaga kumva ku baturanyi babo amakuru, ibiganiro bikunzwe birimo nk’ikinamico, nk’uko byemezwa na Habiyambere André wari utuye ahahoze ari Komine ya Kigarama, muri perefegitura ya Kibungo, ubu ni mu Ntara y’Iburasirazuba.
Habiyambere yagize ati “Mu myaka ya 1980, mu gace twari dutuyemo, Mariko n’abandi bake cyane nibo bari batunze radio. Twajyaga iwe kumva amakuru, ndetse n’ikinamico!”
Mu myaka yo hambere radiyo yatungaga umugabo igasiba undi
Mbaraga na we yemeza ko ubwo yakoraga kuri Radio Rwanda abaturage bari batunze radio bari bake.
Ati "Wasangaga umuntu utunze radio ari umukire. Nko mu byaro, abarimu ni bo babaga bazitunze. Umuturage yarahingaga agasarura, akajyana ibyo yejeje ku isoko afite umuhigo wo kugura radio !’’
Mu 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yakorwaga, hari bamwe mu banyamakuru ba ORINFOR bahitanywe na yo.
Muri Mata 2012, Inama Nkuru y’Itangazamakuru (Media High Council) yashyize ahagaragara urutonde rw’abanyamakuru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri bo harimo 14 bo muri ORINFOR, abenshi bakaba barakoraga kuri Radio Rwanda.
Abo banyamakuru ni Bucyana Jean Bosco, Kalinda Viateur wari uzwiho kogeza umupira cyane,Karambizi Gratien,Karangwa Assumpta, Mbunda Félix, Munyarigoga Claude, Nshimiyiryo Jean Eudes, Ntaganda François, Nyiraneza Thérèse, Rubwiriza Tharcisse, Rudahangarwa Jean Baptiste, Ruhigira Callixte, Rwiyegura Ange Albert,na Sebanani André wari uzwiho kugira impano mu gukina amakinamico, ndetse akanaba umuririmbyi uyobora abandi muri Orochestre Impala.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ORINFOR yakomeje kwiharira isoko ry’u Rwanda mu itangazamakuru kugeza mu mwaka wa 2004 ubwo radio zigenga zatangiraga gushingwa.
Muri 2013, ORINFOR yahindutse Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho (Rwanda Broadcasting Agency), muri gahunda yo guha itangazamakuru ry’u Rwanda ubwisanzure.
Ibinyamakuru Imvaho Nshya na La Nouvelle Relève byeguriwe abikorera ku giti cyabo.
Radio zigenga zakebuye Radio Rwanda
Ubwiyongere bwa radio zigenga bwatumye Radio Rwanda na Televiziyo Rwanda zivugurura imikorere zitangira gukora amasaha 24/24, iminsi 7 kuri 7.
Guhera muri 2004, ubwo hatangiraga kuvuka radio nshya mu Rwanda zizanye imikorere ndetse n’ibiganiro bishya, byatumye Radio Rwanda na yo itangira kugendera muri uwo murongo, urugero ni aho mu cyumweru yacishagaho gusa ikiganiro cy’imikino inshuro imwe, none ubu gitambuka buri munsi.
Urundi rugero, ni uburyo izo radio nshya zigenga zaje zishingiye cyane ku biganiro by’imyidagaduro no gucuranga umuziki, byatumye Radio Rwanda ifungura shene yayo ya kabiri yitwa Radio Magic FM ishinzwe by’umwihariko kunyuzaho ibyo biganiro gusa.
Ibi kandi byanatumye Radio Rwanda iha akazi abanyamakuru bakiri bato batuma ijyana n’igihe.
Umuyobozi wa Radio Rwanda, Aldo Havugimana, avuga ko izo radio zigenga zatumye radio Rwanda irushaho kunoza imikorere yayo.
Ati " Iyo wiruka mu kibuga wenyine, ntabwo wamenya umuvuduko wawe! Ni byiza kugira abo mukinana mu kibuga, noneho bikagaragara niba nawe uzi kwiruka. Ntekereza ko kuri radio Rwanda, andi maradio yigenga ni uburyo bwo kwipima bituma ukora cyane kurushaho.”
Ubu mu Rwanda habarurwa radio zirenga 30 kandi zikorera mu bice bitandukanye by’igihugu.
Ibyuma bya tekiniki bya Radio Rwanda
Inyubako Radio Rwanda ikoreramo ku Kacyiru
Paul Mbaraga, Umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda, wanakoze igihe kinini kuri Radio Rwanda
Studio ya Magic Fm, radio ishamikiye kuri Radio Rwanda
Abanyamakuru ba Radio Rwanda mu cyumba bateguriramo amakuru