mercredi 30 mars 2016

Impamvu Miss Elizabeth abona umunsi w'abagore nk'uwingenzi kuri we



Ibyishaka Elizabeth ni umukinnyikazi wa sinema nyarwanda akaba yarabaye nyampinga wa Kaminuza y'ubukerarugendo n'amahoteri (RTUC) mu mwaka wa 2012, kuri uyu wa 8 Werurwe 2016, hizihizwaga umunsi mpuzamahanga ngaruka
mwaka  ku isi yose, twamwegereye atubwira uko we awufata.
Mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru wa NONAHA.com, Elizabeth, yagize ati "Ni iby'icyubahiro cyane kuba hari ho umunsi w'umwihariko watekerejwe ku bari n'abategarugori, hari impamvu zifatika nsanga uyu munsi iri ingenzi kuri twe abari n'abategarugori, icya mbere nsanga aka ari akanya keza gatuma abagore nabo bumva ko batekerezwaho  mu buzima bwa buri munsi kuko mbere bumvaga ko uruhare hafi ya rwose mu buzima bw'isi ari urw'abagabo gusa, ariko ubu biyumvisemo ko nabo ari ingenzi. Icya kabiri ni uko ufasha abagore gusabana no gusangira ibitekerezo, yemwe bakanishungura aho bagize intege nke bagafata ingamba."
Ibyishaka uyu munsi ngo unamwibutsa nyina umubyara. Aha yagize ati "Kuri iyi nshuro ndikebuka nkareba urwego ngezeho n'umusanzu wanjye mu iterambere ryanjye n'igihugu ngasanga kubaho kwanjye atari impfabusa, gusa binansubiza mu ntekerezo, nkibaza iyo mama aba akiriho aho aba ageze, bintera ishyaka ryo gukora cyane kuko
n'ubwo adahari ntagomba kumuhesha isura mbi."
Ibyishaka Elizabeth yemeza ko agomba gusigasira isura nziza akwiye guhesha ababyeyi
Ibyishaka Elizabeth, yanzuye agira ubutumwa aha bagenzi be. Ubwo twasozaga, Ibyishaka yavuze ko umunsi nk'uyu atagenda atagize ubutumwa agenera bagenzi be, yavuze ko umwari cyangwa umutegarugori wese, ku munsi nk'uyu atagakwiye gusamara ngo asandagize ibyo agezeho, ahubwo akwiye kwibuka agaciro ke bityo ntiyitinye agatanga umusanzu we mu kubaka igihugu akiganisha ku iterambere rirambye, baba ababyeyi beza barera abana bazaba indorerwamo z'ejo hazaza nziza batanga urugero rwiza bakesha uburere bahawe.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire